Komisiyo ya politiki n’imibereho myiza mu nteko ishinga amategeko umutwe wa sena yatangiye gusuzuma umushinga wo kuvugurura itegekonshinga ryemerera Perezida Kagame kongera kwiyamamariza gutegeka u Rwanda.
Ni nyuma gato y’aho inteko rusange y’uyu mutwe itoreye ijana ku ijana uyu mushinga tariki ya gatanu y'ukwa cumi na kumwe mu 2015
Ku munsi wa mbere w’iyi komisiyo hari bamwe mu basenateri bagize impungenge ko ururimi rw’Ikinyarwanda rushobora kuzava mu zemewe mu butegetsi bakurikije uko uyu mushinga w’itegeko umeze.
Umunyamakuru w'Ijwi ry'Amerika i Kigali mu Rwanda Eric Bagiruwubusa araduha ibisobanuro birambuye kuri iyi nkuru.